Akarere ka Gasabo kasinyanye amasezerano y’Imikoranire na “Horizon Group ltd”

Mu rwego rwo kurushaho kunoza imikorere no gukemura ikibazo cy’Imihahirane hagati y’Imirenge,n’Akarere, Kuri uyu wa mbere tariki 25 Nyakanga 2016,  Akarere ka Gasabo kasinyanye amasezerano y’Imikoranire n’Ikigo gisinzwe iby’ubwubatsi kizwi nka Horizon Group ltd.  Ayo masezerano akaba yarashyinzweho umukono n’Abayobozi b’ibigo byombi, ku ruhande rw’Akarere ka Gasabo rwari ruhagarariwe na Bwana Rwamulangwa Stephen naho “Horizon group” ihagarariwe na Bwana Haguma Eugene.  

Aya mesezerano y’imikoranire hagati y’ibi bigo byombi akaba agamije guteza imbere Akarere cyane cyane mu gutunganya bijyanye n’ibikorwa remezo nk’imihanda, kubaka Amazu n’ibindi. Nk’uko buri ruhande rufite inyota yo gutunganya icyo rwiyemeje, amasezerano yahise ashyirwa mu bikorwa kuva Abayobozi bamaze kuyashyiraho umukono. Urugero rwiza ni umuhanda batangiye gukora uhuza Umurenge wa Gisozi n’uwa Jabana. Uyu muhanda utangirira mu munsi y’Umurenge wa Gisozi aho bakunze kwita kuri Beretwari ukagera ku Akagera Motors  i Jabana, ukaba uzacyemura ibibazo byinshi cyane kubantu batuye cyangwa bakorera muri iyo Mirenge niyo baturanye nka za Jali, Gatsata. Si aho honyine kuko hari imihanda myinshi iri muri gahunda y’ingengo y’imari y’uyu mwaka ndetse n’utaha.


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->