ABAYOBOZI BATANGIJE UKWEZI KWAHARIWE IGIKORWA CYO GUTANGA IBITEKEREZO BIZASHYIRWA MU IGENAMIGAMBI, INGENGO Y'IMARI 2025/2026
Ku gica munsi cyo ku wa Kabiri mu Tugari twose two mu Karere ka Gasabo hateranye Inteko z'abaturage
Muri Ntekoi abaturage hatangijwe ukwezi kwahariwe abaturage gutanga ibitekerezo bizashyirwa mu Igenamigambi , Ingengo y'Imari n'Imihigo by'umwaka 2025/2026.
Abaturage kandi bagaragarijwe uko ibitekerezo batanze mu mwaka ushize 2024/2025 byashyizwe mu igenamigambi.
Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe Ubukungu n'Imibereho y'Abaturage Madamu URUJENI Martine ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere Bwana BAYASESE Bernard bifatanyije n'abaturage bo mu Kagari ka Kibenga Umurenge wa Rutunga bakira ibitekerezo bizashyirwa mu Igenamigambi ry'umwaka utaha 2025/2026.
Ibitekerezo bitangwa ku rwego rw'Akagari, byoherezwa ku Murenge, Inama Njyanama y'Umurenge nayo igatoranyamo ibitekerezo 6 mu bitekerezo byose byaturutse mu Tugari tugize Umurenge bagendeye kubikenewe cyane kurusha ibindi
bikoherezwa ku rwego rw'Imirenge 15 igize Akarere bizoherezwa ku Karere.
Akarere nako mu bibazo byose byaturutse mu Mirenge 15 bakazatoranyamo 6 bikoherezwa ku Mujyi wa Kigali.
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…