Abaturage bo mu Murenge wa Jali bishimiye igikorwa cyo gutangiza umuhanda Karuruma- Jali

Muri gahunda yo kwishakamo ibisubizo, ku wa Gatatu wiki cyumweru, hatangijwe kumugaragaro Project yo kubaka  Umuhanda Karuruma – Jali – Antenne ufite uburebure bwa 11km uzubakwa kubufatanye  bw’Abaturage bo  mu Mirenge Jali na Gatsata,  Ingabo z’Igihugu cyacu hamwe n’akarere ka Gasabo.

Uyu muhanda muri kiciro cyambere hazashyirwamo laterites, hubakwe inzira z’amazi (drainagesystem).

Iki gikorwa kikaba kizakorwa muri gahunda y’Ingabo z’Igihugu inzwi nka “ RDF Citizens Outreach Program” aho Ingabo z’Igihugu zegera abaturage bagafatanya mu mishanga itandukanye iteza  Igihugu imbere n’abaturage muri rusange.

Uyu muhanda niwuzura uzafasha cyane ubuhahirane n’Imigenderane hagati y’abaturage bo Murenge ya Jali n’Akarere ka Rulindo, ndetse n’abaturage bo mu Murenge wa Jali batwara umusaruro wabo w’imboga mw’isoko rya Nyabugogo.

Ikindi kiza nuko uyu muhanda nurangira hazatangira gushyirwamo ligne ya tax ya Jali- Nyabugogo kuko ubusanzwe ntayahabaga, ibyo bizafasha mungendo kuri buri wese cyane abatashoboraga kugenda kuri za Moto.

Abaturage bo muriyi Mirenge, biyemeje gufatanya n’ubuyobozi bw’umurenge mu kubungabunga uyu muhanda ndetse nahazangirika kubera amazi, bazajya bahasan.

Umuhanda Karuruma- Jali uteganyijwe kuzura utwaye amafaranga angana na 200,145,000 Frw.

Abayobozi bose bariho, bashimiye abaturage bo mu Mirenge ya Jali na Gatsata uburyo bagize uruhare muriki gikorwa banabasa ko bakomeza uwo muco mwiza wo kwishakamo ibisubizo.

Hashimwe kandi Ingabo z’Igihugu cyacu  uruhare zagira mu bikorwa by’Iterambere ry’Igihugu cyacu.

Abaturage nabo bahawe ijambo, bashimira cyane Umuyobozi bw’Igihugu cyacu burangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repabulika Paul Kagame ibikorwa Remezo akomeje kubagezaho kandi bibafasha kwiteza imbere


Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…

Read more →

Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Murenge wa Gatsata.

Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…

Read more →

Gahunda yo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi no n’icyumweru cy’icyunamo mu Karere ka Gasabo

Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi  ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…

Read more →

Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →
-->