Abaturage bo mu Murenge wa Jali bishimiye igikorwa cyo gutangiza umuhanda Karuruma- Jali
Muri gahunda yo kwishakamo ibisubizo, ku wa Gatatu wiki cyumweru, hatangijwe kumugaragaro Project yo kubaka Umuhanda Karuruma – Jali – Antenne ufite uburebure bwa 11km uzubakwa kubufatanye bw’Abaturage bo mu Mirenge Jali na Gatsata, Ingabo z’Igihugu cyacu hamwe n’akarere ka Gasabo.
Uyu muhanda muri kiciro cyambere hazashyirwamo laterites, hubakwe inzira z’amazi (drainagesystem).
Iki gikorwa kikaba kizakorwa muri gahunda y’Ingabo z’Igihugu inzwi nka “ RDF Citizens Outreach Program” aho Ingabo z’Igihugu zegera abaturage bagafatanya mu mishanga itandukanye iteza Igihugu imbere n’abaturage muri rusange.
Uyu muhanda niwuzura uzafasha cyane ubuhahirane n’Imigenderane hagati y’abaturage bo Murenge ya Jali n’Akarere ka Rulindo, ndetse n’abaturage bo mu Murenge wa Jali batwara umusaruro wabo w’imboga mw’isoko rya Nyabugogo.
Ikindi kiza nuko uyu muhanda nurangira hazatangira gushyirwamo ligne ya tax ya Jali- Nyabugogo kuko ubusanzwe ntayahabaga, ibyo bizafasha mungendo kuri buri wese cyane abatashoboraga kugenda kuri za Moto.
Abaturage bo muriyi Mirenge, biyemeje gufatanya n’ubuyobozi bw’umurenge mu kubungabunga uyu muhanda ndetse nahazangirika kubera amazi, bazajya bahasan.
Umuhanda Karuruma- Jali uteganyijwe kuzura utwaye amafaranga angana na 200,145,000 Frw.
Abayobozi bose bariho, bashimiye abaturage bo mu Mirenge ya Jali na Gatsata uburyo bagize uruhare muriki gikorwa banabasa ko bakomeza uwo muco mwiza wo kwishakamo ibisubizo.
Hashimwe kandi Ingabo z’Igihugu cyacu uruhare zagira mu bikorwa by’Iterambere ry’Igihugu cyacu.
Abaturage nabo bahawe ijambo, bashimira cyane Umuyobozi bw’Igihugu cyacu burangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repabulika Paul Kagame ibikorwa Remezo akomeje kubagezaho kandi bibafasha kwiteza imbere
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…