Abaturage barashimira urwego rwa DASSO rurimo kurushaho kubegera no guteza imbere imibereho Myiza yabo

Urwego rwa DASSO mu Karere ka Gasabo mu bikorwa ndetse n’Inshingano zo kubungabunga umutekano bafite bongeyeho gukora ibikorwa bihindura Imibereho Myiza y’Abaturage, aho buri mwaka bakora igikorwa gihindura ubuzima bw’Abaturage;

Abatuye Umudugudu wa Bisenga Akagari ka Bisenga mu Murenge wa Rusororo, barashimira igikorwa cyiza urwego rwa DASSO y’Akarere ka Gasabo bakoze bubakira umukecuru w’Imyaka 87 ubana n’ubumuga utagiraga aho kuba.

Mu myaka ishize bakoze ibikorwa birimo; kurihira Mutual abatishoboye, kuremera abaturage

Uyu mwaka bakaba batangiye igikorwa cyo kubakira umwe mu batishoboye.

Ikibazo cy’uyu mubyeyi cyamenyekanye ubwo hakorwaga ubugenzuzi mu myubakire hagenzurwa  abantu bubatse Akajagari, hanyuma baza kugera aho uyu mu Mukecuru yaratuye mu nzu imeze nabi yubakishije ibiti iri hafi kumugwira, n’uko  bamuhitamo ko ariwe uzubakirwa uyu mwaka.

Uyu mubyeyi  DASSO yiyemeje kumwubakira inzu yuzuye kandi irimo ibikoresho byose, aho izaba ifite agaciro  kari hagati ya Miliyoni 3.5 na 4 kandi ikazaba yarangiye bitarenze ukwezi k’Ukuboza 2020.

DASSO n’urwego rwashyizweho kugirango rwunganire Ubuyobozi bw’Akarere mu gucunga Umutekano ndetse no gufatanya n’izindi nzego z’Umutekano mu mugucunga umutekano w’abaturage n’Igihugu muri rusange.

Bwana NDIRIMA Patrick umuhuzabikorwa wa DASSO mu Karere ka Gasabo yasabye abaturage kugirira icyizere Urwego rwa DASSO no kutitirira amakosa yakozwe n’umwe muri bo urwego. Akaba asaba  abaturage gukomeza ubufatanye mukwiyubakira Igihugu.


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->