Abaturage barashimira urwego rwa DASSO rurimo kurushaho kubegera no guteza imbere imibereho Myiza yabo
Urwego rwa DASSO mu Karere ka Gasabo mu bikorwa ndetse n’Inshingano zo kubungabunga umutekano bafite bongeyeho gukora ibikorwa bihindura Imibereho Myiza y’Abaturage, aho buri mwaka bakora igikorwa gihindura ubuzima bw’Abaturage;
Abatuye Umudugudu wa Bisenga Akagari ka Bisenga mu Murenge wa Rusororo, barashimira igikorwa cyiza urwego rwa DASSO y’Akarere ka Gasabo bakoze bubakira umukecuru w’Imyaka 87 ubana n’ubumuga utagiraga aho kuba.
Mu myaka ishize bakoze ibikorwa birimo; kurihira Mutual abatishoboye, kuremera abaturage
Uyu mwaka bakaba batangiye igikorwa cyo kubakira umwe mu batishoboye.
Ikibazo cy’uyu mubyeyi cyamenyekanye ubwo hakorwaga ubugenzuzi mu myubakire hagenzurwa abantu bubatse Akajagari, hanyuma baza kugera aho uyu mu Mukecuru yaratuye mu nzu imeze nabi yubakishije ibiti iri hafi kumugwira, n’uko bamuhitamo ko ariwe uzubakirwa uyu mwaka.
Uyu mubyeyi DASSO yiyemeje kumwubakira inzu yuzuye kandi irimo ibikoresho byose, aho izaba ifite agaciro kari hagati ya Miliyoni 3.5 na 4 kandi ikazaba yarangiye bitarenze ukwezi k’Ukuboza 2020.
DASSO n’urwego rwashyizweho kugirango rwunganire Ubuyobozi bw’Akarere mu gucunga Umutekano ndetse no gufatanya n’izindi nzego z’Umutekano mu mugucunga umutekano w’abaturage n’Igihugu muri rusange.
Bwana NDIRIMA Patrick umuhuzabikorwa wa DASSO mu Karere ka Gasabo yasabye abaturage kugirira icyizere Urwego rwa DASSO no kutitirira amakosa yakozwe n’umwe muri bo urwego. Akaba asaba abaturage gukomeza ubufatanye mukwiyubakira Igihugu.
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…