Abatishoboye bo mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Gasabo bahawe Amazu yo kubamo

Mu rwego rwo kwitegura neza umunsimukuru wo kwibohora kunshuroya26  #Kwibohora 26 Ubuyobozi bw’Akarereka Gasabo bwawijihije butuza bamwe mu baturage batagiraga aho kuba bahabwa amazuyo guturamo muri gahunda  yogukemura bimwe mu bibazo bibangamira imiberehomyiza y’abaturage.

Mu mirenge itandukanye y’Akarereka Gasabo hari ibikorwa bitandukanye byagezweho bigamije gukemura ibibazo bibangamiye imiberehomyiza y’abaturege; Ibikorwaremezo nk'Amazi, Amashanyarazi, Imihanda, Mu rwego rw’ubuzima, hubatsweama poste de sante mu mirenge itandukanye, Ibigombonezamikurire( ECD).

Byumwihariko uyu munsi, ku rwegorw’Akarereka Gasabo hatashwe amazu 36; mu Murenge wa Bumbogo Akagari kaMvuzo Umudugudu wa Murarambo hatashwe amazu 14 yatujwemo abatishobye, naho mu murenge wa Nduba mu Kagari ka Gasura ho hatujwe abantu 22.

Muri gahundayo gutuza abatishobe mu mwakawa 2019/2020 Akarere ka Gasabo kazatuza abantu 164.

Umushyitsi mukuru muri uyu muhango yari Hon. MURUMUNAWABO Cécile Umudepite mu Ntekonshingamategeko y’Urwanda.

Mu bafashe ijambo bose basabye abahawe amazu, kuyafata neza,kubana amahoro n’abaturanyi ndetse bagahora baharanira kubungabunga ibyagenzweho n’Iterambere ry’Igihugu.

Abagenerwabikorwa bahawe amazu bashimiye ubuyobozi bwiza bw’Igihugu cyacu buhora buzirikana abaturage barwo,bishimirako ubu nabo bavuye mu bukode.

Mu Murengewa Kinyinya naho,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yifatanije n’abaturage bomuruyu Murenge bataha Umuhanda wa Kaburimbo, wubatswen’abaturage bo mu mudugudu w'Akaruvusha mu Kagarika Gacuriro, Agasoko kazafasha abakora ubucuruzi buciriritse kubatswe mu Kagarika Gasharu Umudugudu w'Agatare, hamwe n’Ibiro by’Umudugudu w'Akaruvusha Akagari ka Gacuriro.

Abaturage biyemeje kubungabunga ibyagenzweho bakafatanya n’Ubuyobozi mw’Iterambere ry’Igihugu cyacu.


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->