Abana bagomba kuvanwa mu mihanda bagasubizwa mu miryango no mu mashuri

Ku itariki ya 5 werurwe,  mu cyumba cy’Inama cy’Akarere ka Gasabo, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu  ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage Madam NYIRUKUNDO Ignatienne yatangije kumugaragaro igikorwa cyo gusubiza abana b’Inzererezi mu Miryango no mu mashuri.

Iyi nama yatumiwemo aba bakurikira:

Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge yose, Abayobozi b’Amashuri abanza, Abafatanyabikorwa bakora ibijyanye no kwita ku bana, Abakozi bashinzwe imibereho Myiza ku Mirenge, Abakozi bashinzwe Uburezi mu Karere, Ababyeyi babana bahoze mu mihanda

Ingingo nyamakuru ziyi nama; byari ugukangurira no kwibutsa ababyeyi inshingano zokurera abana babo kandi bakabarerera mu Miryango,

Kwibutsa abarezi gukurikirana abana ku mashuri mu rwego rwo kugirango abana badata amashuri bakajya mu mihanda,

Gukangurira inzego zibanze n’abafatanyabikorwa uruhare rwabo rwo gukurikirana abana ngo badasubira mi mihanda.

Umunyamabanga wa Leta Madam Nyirarukundo yasabye buriwese kumva ko umwana w’Umunyarwa atagomba kuba mu muhanda, agomba kurererwa mu muryango kandi akiga, ibyo byose bizakunda buriwese abigize mo uruhare.

Abitabiriye inama bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo, ndetse banafata ingamba, ko buriwese agiye kuzuza inshingano ze uko bikwiye.


Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…

Read more →

Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Murenge wa Gatsata.

Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…

Read more →

Gahunda yo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi no n’icyumweru cy’icyunamo mu Karere ka Gasabo

Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi  ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…

Read more →

Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →
-->