Akarere ka Gasabo kamurikiye ibikorwa itangazamakuru
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 05/02/2013 mu Karere ka Gasabo habereye ikiganiro
kigenewe abanyamakuru. Iki kiganiro cyari kigamije kurebera hamwe ibikorwa
by’ iterambere akarere kamaze kugeraho. Iki kiganiro cyabimburiwe n’Urugendo
rwo gusura ibikorwa; mu byasuwe harimo agakinjiro aho usanga abanyabukorikori
bahoze bakorera ahantu hazwi ku izina ry’agakinjiro.
AMWE MU MAGOROFA AZAMUKA MU GAKINJIRO
Aho usanga inyubako nshashya zirimo kuzamuka.
Perezida wa COPCOM, imwe mu makoperative ahuje abanyabukorikori
barimo biyubakira inzu yo gukoreramo; yatangaje ko ibyo bikorwa bimaze
gutwara akayabo k’amafaranga agera kuri miliyari icumi y’ u Rwanda,
abanyamuryango bakaba bishimira intambwe bamaze gutera.
Hasuwe kandi inyubako y’igorofa y’Akagari ka Kibaza ho mu Murenge wa Kacyiru.
Iki kigaba ari igikorwacy’indashyikirwa cyakozwe ku bufatanye bw’abaturage
b’Akagari ka Kibaza, Umurenge wa Kacyiru n’Akarere ka Gasabo.
Urugendo rwakomereje ku nyubako y’Ishuri riri mu Kagarika Nyarutarama.
Asobanura ibijyanye n’iryo shuri, Umuyobozi w’Akarere,
Bwana NDIZEYE Willyyavuze ko iri shuri ryatekerejwe ko ryari kwakira
abana mu cyiciro cya gahunda y’Uburezi bw’Ibanzebw’Imyaka 12,
rikaba ryarahindutse (bisabwe na Minisiteri y’Uburezi) ishuri ry’imyuga.
Iri shuri rero rikaba rizaba iry’ikitegererezo mu yigisha imyuga mu Rwanda.
Abanyamakuru kandi beretswe inyubako nziza ya Pharmacy y’Akarere ndetse
n’Ikigo Nderabuzima cya Remera. Umuyobozi w’Akarere na none yasobanuye
ko iki kigo nderabuzima kije kunganira Ikigo Nderabuzima cya Kimironko kubera
ubwinshi bw’abantu batuye muri ako gace bikaba kandi ari muri gahunda ya Leta
yo kwegereza serivise abaturage. Mu bibazo byabajijwe kuri uwo munsi byibanze
cyane cyane ku bikorwa remezo. Abajijwe ku bibazo by’ingutu Akarere kaba gahura
nabyo,Umuyobozi w’Akarere yavuze ko ikibazo gihangayikishije cyane Akarere
ari ikibazo cy’imiturire. Yavuze ko bikigoranye gucunga abubaka mu kajagari aho
usanga bamwe mu baturage barara bubaka binyuranijen’amategeko,
amazu bugacya yuzuye.Ibi rero bigatwara ingufu nyinshi ubuyobozi kugira
ngo itegeko rigenga imyubakire ryubahirizwe.