GENERAL INFORMATION
Home
About the District
Administration
Services
Priority services
Announcements
Tenders and Jobs
Documents
News and Events
Useful Links
Village
FEATURES
Forum
Mail to Mayor
Photo Gallery
FeedBack
FAQS
Staff E_mail
PARTNERS
RDB
MINALOC
Connect with us
Facebook
Twitter

INAMA Y'UBUYOBOZI BW'AKARERE KA GASABO N'ABAHAGARARIYE ISHYAKA RYA GREEN PART

 

Kuri uyu kabiri tariki 14/05/2013, Umuyobozi w'Akarere ka Gasabo Bwana Ndizeye Willy yakiriye mu biro bye Abahagarariye ibice bibiri byasabye gukoresha inama yo gushinga Ishyaka DEMOCRATIC GREEN PARTY OF RWANDA, ariko buri umwe akaba yarabisabye ukwe n'undi ukwe kandi inama zikaba ziteganijwe kubera ahantu hatandukanye. Ibyo bice kimwe gihagarariwe na Bwana Habineza Frank, ikindi gihagarariwe na Bwana Mugisha Alexis.   

Muri iyo nama, Umuyobozi w'Akarere yabagiriye inama yo kumvikana bakagaragaza uhagarariye ishyaka bashaka gushinga bigasabwa n'uwo bumvikanyeho kugirango bikureho urujijo (confussion) biteza.
Nyuma yo kubereka ko bitera urujijo kandi nabo bakabyibonera bakanabyumva, biyemeje ko bagiye kubiganira bakazageza ku Karere ibyo bumvikanyeho. Inama yatangiye saa 09hoo yarangiye saa 09h40, ibice byombi byashimiye ubuyobozi bw'Akarere ka Gasabo kandi biyemeje kuganira bakazamenyesha uko bumvikanye kuri icyo kibazo mu gihe cya vuba.


Akarere ka Gasabo kamurikiye ibikorwa itangazamakuru

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 05/02/2013 mu Karere ka Gasabo habereye ikiganiro

kigenewe abanyamakuru. Iki kiganiro cyari kigamije kurebera hamwe ibikorwa

by’ iterambere akarere kamaze kugeraho. Iki kiganiro cyabimburiwe n’Urugendo

rwo gusura ibikorwa; mu byasuwe harimo agakinjiro aho usanga abanyabukorikori

bahoze bakorera ahantu hazwi ku izina ry’agakinjiro.

AMWE MU MAGOROFA AZAMUKA MU GAKINJIRO

Aho usanga inyubako nshashya zirimo kuzamuka.

Perezida wa COPCOM, imwe mu makoperative ahuje abanyabukorikori

barimo biyubakira inzu yo gukoreramo; yatangaje ko ibyo bikorwa bimaze

gutwara akayabo k’amafaranga agera kuri miliyari icumi y’ u Rwanda,

abanyamuryango bakaba bishimira intambwe bamaze gutera.

Hasuwe kandi inyubako y’igorofa y’Akagari ka Kibaza ho mu Murenge wa Kacyiru.

Iki kigaba ari igikorwacy’indashyikirwa cyakozwe ku bufatanye bw’abaturage

b’Akagari ka Kibaza, Umurenge wa Kacyiru n’Akarere ka Gasabo.

Urugendo rwakomereje ku nyubako y’Ishuri riri mu Kagarika Nyarutarama.

Asobanura ibijyanye n’iryo shuri, Umuyobozi w’Akarere,

Bwana NDIZEYE Willyyavuze ko iri shuri ryatekerejwe ko ryari kwakira

abana mu cyiciro cya gahunda y’Uburezi bw’Ibanzebw’Imyaka 12,

rikaba ryarahindutse (bisabwe na Minisiteri y’Uburezi) ishuri ry’imyuga.

Iri shuri rero rikaba rizaba iry’ikitegererezo mu yigisha imyuga mu Rwanda.

Abanyamakuru kandi beretswe inyubako nziza ya Pharmacy y’Akarere ndetse

n’Ikigo Nderabuzima cya Remera. Umuyobozi w’Akarere na none yasobanuye

ko iki kigo nderabuzima kije kunganira Ikigo Nderabuzima cya Kimironko kubera

ubwinshi bw’abantu batuye muri ako gace bikaba kandi ari muri gahunda ya Leta

yo kwegereza serivise abaturage. Mu bibazo byabajijwe kuri uwo munsi byibanze

cyane cyane ku bikorwa remezo. Abajijwe ku bibazo by’ingutu Akarere kaba gahura

nabyo,Umuyobozi w’Akarere yavuze ko ikibazo gihangayikishije cyane Akarere

ari ikibazo cy’imiturire. Yavuze ko bikigoranye gucunga abubaka mu kajagari aho

usanga bamwe mu baturage barara bubaka binyuranijen’amategeko,

amazu bugacya yuzuye.Ibi rero bigatwara ingufu nyinshi ubuyobozi kugira

ngo itegeko rigenga imyubakire ryubahirizwe.


ONE STOP CENTER MU KARERE KA GASABO YATASHYWE KU MUGARAGARO

Kuri uyu wa gatanu tariki 20 Nyakanga 2012, Ministre Louise Mushikiwabo uhagarariye Akarere ka Gasabo muri Guverinoma, yafunguye ‘One Stop Center’ y’akarere ka Gasabo igamije kwihutisha itangwa rya serivisi hifashishijwe ikoranabuhanga rigezweho.

Ministre Mushikiwabo afungura One Stop Center ya Gasabo

One Stop Center ni ihuriro rya serivisi zitandukanye  zitangwa mu karere nka serivisi y’imiturire, iy’ibikorwa remezo, iy’ubutaka, imyubakire n’izindi, bukaba ari uburyo bushya bwatangiye gukoreshwa hano  mu rwanda aho dosiye zose zibikwa mu buryo buri Electronique hakoreshejwe ‘Electronic Management System’.

Ndizeye Willy umuyobozi w’Akarere ka Gasabo yavuze ko ubu buryo bufasha abakozi gukoresha umwanya muto mu kurangiza akazi, gukoresha igihe gito mu gutanga servisi, gutanga ubumenyi ku bakozi ndetse no kugira umutekano ku ibikwa ry’amadosiye y’Akarere.

Akarere ka Gasabo kabimburiye utundi turere twose tw’u Rwanda, nyuma y’umujyi wa Kigali, mu gutangiza ubu buryo bushya bwa One Stop Center.

Mu ijambo rye, Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo akaba yavuze ko bishimiye ibyo aka karere kamaze kugeraho, ariko anagaragaza imbogamizi z’abakozi bakiri bake kugira ngo serivisi zihabwa abaturage zirusheho kwihuta .

Asoza uyu muhango Ministre Louise Mushikiwabo yashimiye aka karere ashinzwe gukurikirana muri Guverinoma ibyo kamaze kugeraho, anasezeranya ko agiye gukora ubuvugizi ku mbogamizi zagaragajwe muri uyu muhango.

Ministre Mushikiwabo akaba yasabye abakozi b’aka karere gukomeza gukora ibishoboka mu gutanga serivisi nziza, zihuse, no kumenyesha abaturage serivisi babaha nk’izi zafunguwe.


INAMA YA PFM MU KARERE KA GASABO

Inama ya PFM (Public Financial Management) mu karere ka Gasabo yateranye kuri uyu wa gatunu tariki 04 Gicurasi 2012 ikaba yari yatumiwe mo abashinzwe imari n'Umutungo ku Karere, Imirenge, Ibigo nderabuzima, Ibitaro n'Amashuri yisumbuye ya Leta.

Ingingo nyamukuru y'iyo nama kwari ukuganira kuri raporo y'umugenzuzi mukuru w'Imari ya Leta, umwaka w'ingengo y'imari 2010-2011 yakorewe Akarere ka GASABO.

Umuyobozi w'Akarere Wungirije Ushinzwe Imari n'Iterambere ry'Ubukungu Bwana Munara J Claude, niwe wafunguye iyo nama asaba gufata ingamba zifatika zo gucunga neza umutungo wa Leta no gukosora amakosa yakozwe mu myaka ishize. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere a Gasabo yahawe umwanya agaragaza mu nshamake ibyagaragajwe n'umugenzuzi mukuru w'imari ya Leta bikubiye mu bice bikurikira:

- Amakosa aterwa no kutubahiriza amategeko

- amakosa aterwa n'ubuswa n'uburangare

- Amakosa aterwa na systeme itanoze( gukomatanya inshingano)

- kutubahiriza itangwa rya raporo


Yavuze kandi no kungamba zafatwa kugira ngo hirindwe gusubira muri ayo makosa.

Abari mu nama bamaze guhabwa iyo nshamake babajije ibibazo batanga n'ibyifuzo.

Ku rwego rw'umurenge hari ikibazo kigaragara 'cyakazi kenshi kagomba gukorwa n'umucungamutungo w'umurenge kandi ari nawe ushinzwe ubunyamabanga bw'aho, ndetse ugasanga bamwe badafite ubumenyi buhagije bwo kurangiza izo nshingano.

Ikindi kibazo cyagaragajwe ni ukuba nta manuel de procedures ziri kurwego rw'umurenge kuko ubu bigarukira ku rwego rw'akarere gusa.

Imyanzuro yatanzwe muri rusange, ni ugukora ubuvugizi ku bakozi bake bakaba bakongerwa ku rwego rw'Imirenge, kwifashisha inyandiko zihari kugira ngo amakosa yo gutanga amasoko binyuranyije n'amategeko akosorwe, gutangira raporo ku gihe ndetse no gukoresha internet ku rwego rw'ibigo nderabuzima kugira ngo amakuru abashe gutangwa neza kandi mu buryo bwihuse.

 


UMUNSI MUKURU NGARUKAMWAKA W’UMURIMO MU KARERE KA GASABO

Umuyobozi w'Akarere ashyikiriza ibihembo abatsinze
Abari bitabiriye ibirori ibyishimo byari byose

Akarere ka GASABO, kifatanyije n’igihugu cyose, ndetse n’isi yose kwizihiza umunsi mukuru ngaruka mwaka w’umurimo  ku itariki ya 01/05/2012 kuri Hotel  La PALISSE. Uwo muhango witabiriwe n’Umu yobozi w’Akarere ka Gasabo, Umuyobozi w’Akaere Wungirije Ushinzwe Ubukungu n’Amajyambere, abagize inama Njyanama y’Akarere ndetse n’Abakozi bako.

Uwo muhango waranzwe no guhemba umukozi watoranyijwe ko yabaye indashyikirwa kurusha abandi muri uyu mwaka; uwo akaba ari sekereteri kontabure w’Umurenge wa Rutunga Madamu UMUTESI Emertha, akaba yarahawe sheki y’ibihumbi ijana (100,000 Rfw) mu rwego rwo kumushimira.

Kuri uwo munsi hahembwe amakipe y’Umupira w’amaguru (Football) ndetse n’ay’Umupira w’intoki (Volleyball) yitwaye neza mu marushanwa y’ubusabane hagati y’abakozi b’akarere. Ikipe zabaye iza mbere muri iyo mikino yombi zahawe ibikombe ndetse na sheki y’Amafaranga ibihumbi magana abiri (200,000 Rfw) n’ibikombe, izabaye iza kabiri zahawe sheki y’amafaranga ibihumbi ijana na mirongo itanu (150,000 Rfw. Abantu batandukanye kandi bahawe imidari y’ishimwe n’ibindi bihembo bitandukanye.

Mu ijambo rye, Umuyobozi w’Akarere yagaragaje ko yishimiye uko itangwa rya serivise rihagaze mu karere avuga ko tugeze ahantu hashimishije ariko agaragaza ko Akarere kataragera ku rugero kifuza gutangaho serivise ku baturage. Uwari uhagarariye inama Njyanama y’Akarere muri ibyo birori yavuze ko yishimiye ibyo Akarere kagezeho asaba ko n’ahakigaragara ibitameze neza hakosorwa kugirango turusheho kugira umurimo unoze.

Mu bibazo abakozi bagaragarije ubuyobozi harimo amahugurwa y’abakozi haba imbere mu gihugu ndetse no hanze yacyo kugirango ubumenyi bazaba bungutse nubundi buzafashe mu iterambere rusange ry’akarere.  Basabye kandi ko hagurwa ibikoreresho bitandukanye birimo imodoka ndetse na za mudasobwa ngo byunganire mu mirimo itandukanye ibyo umuyobozi w’Akarere akaba yarabyemeye ko bigiye gushyirwa mu bikorwa.



AKARERE KA GASABO KIBUTSE GENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI KU NSHURO YA 18

Kuri  uyu wa gatatu tariki ya 11/04/2012 ku gicamunsi ku biro by’akarere ka gasabo habereye ibiganiro byo kwibuka ku nshuro  ya 18 jenoside yakorewe abatutsi muri 1994. Ibyo biganiro byari byitabiriwe n’abakozi b’akarere hamwe n’abaturage b’umurenge wa Kacyiru bo mu tugari tuhegereye.

Kuri uwo munsi hatanzwe ibiganiro bibiri : kimwe cyari ku mateka y’u Rwanda kikaba cyaratanzwe na MUDAHERANWA Regis; Umuyobozi w’Ishami ry’Ubutegetsi mu Karere ka Gasabo, ikindi cyari cyerekeye umutekano w’igihugu muri iki gihe cyatanzwe n’umukuru w’Ingabo mu karere ka Gasabo na Kicukiro Leutenant Colonel  MUTEMBE.

Uwatanze ikiganiro cy’amateka yibanze ku mateka mbere y’abakoroni, mu gihe cy’ubukoroni na Nyuma y’ubukoroni; akaba yarageragezaga gusobanura impamvu jenoside yashobotse gukorwa mu Rwanda.

Muri make yavuze ko amacakubiri yatangiye cyane cyane mu gihe cy’ubukoroni, aho ubtegetsi bw’abazungu bwari bushishikajwe (kuberako basanze u Rwanda rufite ubutegetsi buhamye ugereranyije n’ibindi bihugu mu migabane itandukanye)  no gucamo abanyarwada ibice ngo babashe kubayobora uko bashatse. Ayo macakubiri rero yarakomeje ku butegetsi bwa kayibanda; uwatanze ikiganiro agereranya n’igikoresho cy’abazungu kiuko nubundi ari bo bari bamushyizeho nyuma y’icyiswe revolution yo muri 1959. Abanyarwanda rero bakomeje kwigishwa urwango kugeza aho bamwe batangiye kubuzwa uburenganzira bwabo bw’ibanze kugeza mu gihe cya jenoside ubwo abo mu bwoko bw’abatutsi bishwe ari benshi.

Uwatanze ikiganiro cy’umutekano yavuze ko urwanda rurinze n’amateka yarwo ko nta muntu waruvogera.yagaragaje ko ingabo z’Igihugu zitari mu nkambi, ziticaye ubusa, ko ziri hirya no hino zifatanya n’abandi banyarwanda mu bikorwa by’amajyambere  rusange y’igihugu. Nyuma yo kubwira imbaga y’abari bateraniye aho ngaho amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda, yavuze ko kubera umutekano mwinshi u Rwanda rufite ubu rurimo kuwubyaza amadorari (yagereranyije umutekano n’ikawa yerera igihe gito ari nyinshi ikagurwa menshi ku isoko). Yasoje ikiganiro cye agaragaza ko umutekano w’u Rwanda ariwo nkingi y’ibindi bikorwa by’iterambere.

 

 

 


Jack Kingston yasuye umurenge wa Ndera

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 03/04/2012, aherekejwe na Madam Anne Casper, wungirije Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda, JACK Kingston; Umwe mu bagize American Congres yasuye umurenge wa Ndera.

Mu ruzinduko rwe yari ajyanywe no kwirebera aho uko Abaturage bavanywe  mu bukene bwari bubugarije. Byari ibirori by’Akataraboneka ageze kuri site aho abatishoboye mu Murenge wa Ndera bafashijwe kuva mu nzu za Nyakatsi bakubakirwa amazu meza, yakiriwe n’intore  zo muri uwo Murenge.

Mu bikorwa yasuye harimo Ikigo nderabuzima cyuzuye muri uwo murenge, kikaba kiziye igihe nk’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uwo Murenge Bwana Alfred NDUWAYEZU abivuga,kikaba kizatahwa mu minsi ya vuba,nk’uko yabivuze rero mu ijambo rye kikaba kizafasha Abaturage kugera ku buzima bwiza. Yasuye kandi “Green house” igikorwa Abaturage batewemo inkunga na Nyakubahwa Janette KAGAME, Umufasha wa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.

Mu kumugaragariza ko bishimiye  uruzinduko rw’uwo Mushyitsi w’imena, Abaturage bamuhaye hamwe n’abari  bamuherekeje impano zitandukanye zirimo uduseke biboheye n’amaboko yabo.


Mayor w'Umujyi wa Kigali yasuye ibikorwa i Bumbogo

Mayor w’Umujyi wa Kigali Bwana Fidèle NDAYISABA yatashye ibikorwa bitandukanye byo mu Murenge wa Bumbogo ho mu Karere ka Gasabo.

soma ibikurikira


Abayobozi n’Abatekinisiye ba Jinja CentralDivision basuye Akarere ka Gasabo

Kuri uyu wa kane tariki ya 01/12/2011 kugeza tariki ya 02/12/2011 itsinda ry’abayobozi n’abatekinisiye bagera kuri mirongo itatu na batanu (35) bo muri Jinja Central Division mu gihugu cya Uganda bakoze urugendoshuri mu Karere ka gasabo.

INKURU YOSE


Amahugurwa y'abakoresha ku murimo

ABAKORESHA BAHUGUWE KU MURIMO

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 22/11/2011 Kuri Hotel La Palisse/Nyandungu mu Karere ka Gasabo habereye amahugurwa y’abakoresha ku umurimo. Aya mahugurwa yateguwe n’akarere ka Gasabo,bimaze kugaragara ko hari ibibazo bihari ku itegeko ry’umurimo hagati  y’abakozi n’abakoresha

READMORE

To top


Akarere ka Gasabo ku isonga mu kubaka amashuri y'uburezi bw'imyaka 12

 

Imibare igaragaza ko akarere ka Gasabo ariko kaje ku isonga mu gihugu hose mu kurangiza kubaka amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12. Mu mirenge ya Jabana na Kinyinya  hatashywe  ibyumba by’amashuri 10 n’amazu 14 yubakiwe abatishoboyebatuye mu murenge wa Jabana.

Uyu muhango wo gutaha ibyumba by’amashuri wahereye mu murenge wa Kinyinya ahatashywe ibyumba 4 yatwaye million 25RWF, ukomereza no mu murenge wa Jabana ahuzuye ibyumba 6 byatwaye million 40 RWF. Aya mashuri yose akaba afite ubwiherero bugera kuri 11 buhagije abanyeshuri.Abaturage batanze amatafari banasiza ibibanza byaho aya mashuri yubatse.

Hanatashywe amazu 14 yubakiwe abatishoboye n’inyubako yubutswe ku nkunga y’abatuye uyu murenge wa Jabana.Uruhare rw’abaturage rukabakaba million 10 z’amafaranga y’u Rwanda.

Umuyobozi w’umujyi wa Kigali Fidel Ndayisaba yashimiye abaturage bo mu murenge wa Jabana nuwa Kinyinya  uruhare bagize mu kwiyubakira ibyumba by’amashuri ndetse n’amazu y’abatishoboye.

 


Abanyamabanga Nshingwabikorwa bahawe 'Laptops'

V/Mayor AFED ashyikiriza Abanyamabanga Nshingwabikorwa Laptops

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 09/09/2011 mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Gasabo habereye Umuhango wo gushyikiriza abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari makumyabiri na dutanu (muri 73 tugize Akarere) mudasobwa zo mu bwoko bwa  laptops. Uyu ukaba wari umunsi w’ibyishimo ku bahawe izi mudasobwa. Izi  mudasobwa zatanzwe kw’ikubitiro na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu rwego rwo kongerera  ubushobozi inzego z’ibanze. Iyi gahunda, nk’uko bitangazwa na Minaloc ni gahunda izakomeza kandi ireba igihugu cyose;  utugali twose rero tukazabona izi mudasobwa.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Ubukungu akaba ari nawe wari uyoboye uyu muhango, yavuze ko iki gikorwa ari  cy’indashyikirwa mu iterambere ry’Akarere asaba abahawe izi mudasobwa kuzikoresha neza kugirango barusheho kunoza neza akazi kabo ,

Umwe mu banyamabanga Nshingwabikorwa nawe wahawe mudasobwa kuri uwo munsi, yagaragaje ko ari umunsi w’ibyishimo kuri we ndetse no kuri bagenzi be avuga ko agiye kubyaza umusaruro mudasobwa yahawe. Mu bibazo yavuze byari bihari iki gikoresho cy’ikoranabuhanga kizakemura harimo kutongera kujya kwandikisha hanze y’ibiro raporo ubundi byajyaga bimutwara umwanya hamwe n’igihe kandi ugasanga binagira ingaruka ku ibanga ry’akazi ndetse no ku migendekere rusange  myiza y’akazi.

Amwe mu mashusho


Location
gasabo.png
SOCIAL WELFARE
Health Care
Education
Infrastructure
Sport
Culture
Vulnerable Groups
ECONOMY
Agriculture
Industry
Tourism
Trade
Taxation
Projects
Land and Housing
POLICY
Good Governance
Election
Performance contracts
Justice
Agasozi ndatwa
Itorero
 
Copyright Republic of Rwanda, GASABO District
Designed by Filmax / Gravisio